Karame - Mwalimu LAKHPIN

Ndarize cyane na ko ndirimbye
Mpabutse cyane nanatonoye
Nayura cyane n’ubwo nariye
Mvuza iyi nduru yo y’uriboye
Rugari rwemye nge ndakubonye

Karame mwari nkomeza ineza
Dore ndashonga nshira agashimo
Maze ngashaka gushira ibyasha
Bimare inshinge z’ubushihurwe
Maze ga shenge iryo sharu ryawe..!!

Dore ejo bundi nahoze nabi
Ubwo nkurota nzikabya cyane
Nkakuririmbira izidahimbye
N’umunwa wange wabuze ituze
Dore ga maye uranabibonye!!

Karame ndaje kuko nkubonye
Zira kuryarya uteze nk’inyange
Imwe igeruye y’igihugere
No mu gasoko bagasakara
Ngo basagambire agasigati

Ndora ahangaha nkuvuga cyane
Kuko uriboye urugori rwiza
Isharu ryawe rirakuganje
Dore ga mama uranaberwa
Ingano yawe inyemeza cyane

Dore mirenge yamaze ibintu
We wabivanze agacamo abantu
Intuntu nyinshi akajya anazenga
Atuma nterera iyo mu ryinyo
Nk’agasorori kabuze inombe

Icyampa imana ukamenya none
Wabona nkwiye kwitwa uwawe
Wabona intego ari ukugutwara
Nanyurwa cyane untoye mu bandi
Nkurusha bose kubera ko unzonze

Dore ga ubanza ndimo kurota
Iyo ntarose ndakuvumera
No mu mashoka nkakuririmba
Nkarugukunda rumwe ruramba
Kuruta urwuri rw’urukokombe

Mu bihe byiswe iby’ubusuhuke
Mugasa ashaje asize amasonza
Amasaka ahunda ubusoge bwiza
Na ho ga simbi uranashyugumbwa
Ngo tuhasange tuhasemure

Tiro mutazwi umutoni nkunda
Mutima ukeye ntasiba ishaka
Ngutoye ijambo tumwa iri turo
Nzaserera ntabikubwiye
Ngo itama ryawe rirata inyonga

Ndanatonoye kuko nkubonye
Mbuze uko nkwita akazina kawe
Ariko se sake risatse isura,
Shara nge ndeba mu bushishozi
Wansuye nkakakubwira

Agaco keza ndanagashimwa
Kabaze rwema arabikubwira
Umenya ahari ntari busoze
Kuko nabonye igihe uku ureba
Nkagutaranga mu banyabwenge

Uhora wumva ndimo ndirimba
Ngira ngo ntuzi ibyo mba ndirimba
Uretse inganzo ko ingeze ahaga
Ndakuririmba nibese bose
Bimenye rwose ndaguhorera.

Nata umutwe nazubara
N’aho nzajya nzagushaka
Nutaza nzagushakisha
Sindorere kuza aho uri
Ngeze ubibonye umpaye wese

Utinya izi nteko ndabizi ziranza
Imyaka iyo twiga ikubereye impamvu
Gusa ngusenge iyi izabe gahunda
Ntuvuge ‘’genda ushake abandi’’
Uwo nzaba wese nshaka weho.

Uru rukundo rutumye ndemba
Rurakarindwa n’iyaduhanze
Turusagambye ari urwacu
No mu bikari tukahajyana
Urwacu rukera tubana hafi.

Mbuze uko ngenda mwana nkunda
Maze kuzingira mu gahanga
Erega disi ibi wabyumva
Sindize cyane ndihopfoye
Wenda uzampoza umunsi waje!
                                                     By Lakhpin                 

           
BeFrugal Members

1 comment: