Icyicuzo Mpfabusa - Poem by Mwalimu LAKHPIN








Mama abyuka ansukaho amazi
Sinzi umunsi yambyukije neza
Nkajya kuvoma urume ari rwose
Urujerekani runduta ubwinshi
Ariko ndubyimba ngo ntakonorwa.

Nkavayo ansanganya ikirepe
Na najoro ngo ubwatsi bw’inka
Nabutura bakambaza icyarire
Nakigwiza ngo siga ukuye ibijumba
Nuko uwo munsi ngasiba ishuri.

Abandi bana ababyeyi babo
Babazana kwiga barabakunda
Bazana impamba nge nta n’itushi,
Nge baratanye sinzi ibyabo
Ndi nk’umupira bahanahana.

Nakuze nkeka ko uwo tubana
Yari we mama untuka ubutitsa
Ntarya ntanakina nk’abandi
None nasanze ngo ari mukadata
Data tubana we mbona ntamuzi.

Hummmh! Amibazo ansumbye ubwonko!

Kera ngewe na mama
Nta rukungu twe tuzi
Dukundana cyane urwunge
Ntaho najya atazi
Duterana inkunga tugwiye.

Ubupfura rwose numva
Anshaka nkaza ntanga
Mubwira amabanga yose
Ubwoba bwe nange mbuzi
Ntamubeshya mbitinya.

Antuma ntebuka ndi bwenge
Tugendana hose nk'impanga
Mutura ibihozo akunda
Mwubaha cyane birenze
Ihobe rye ari umurunga.

None nabaye icyo ntazi
Sinkimugisha inama
Ntajya anshaka sinaza
Singishaka ampanura
Imihana iranzi we ntanzi.

Agahinda mutera kuri ubu
Nange ubwange karandya
Arasenga ngo ntahe iwacu
Nazereye nywa zose
Ndi aho mubeshya ngo ndaje.

Sinzi nange icyamaze ubwoba
Ubwenge bwo nta bwo ndagana ahaga
Ndaganya nubwo izima ndikunze
Mama antaye naba icyanzwe
Nubwo ingoyi ye inuma.

Gusa na maman dora ni kasha
Ibyamuteye nta bwo mbizi
Agira agahenge gusa iyo nana
N’iyo ndiye bimurya ahantu
Ndetse akabimpa inkoni zirisha.

Nshaka kutamubeshya
Numva ngarutse iwacu
Iby’ubu bihenebeza
Bikandeshya ntanabizi
Simenye ko nabeshye.

Tubana atansha iryera
Simbona uko mubwira
Yuko nanamukunda
Umwanya uba ari mukeya
Umuhigo ndi gusarisha.

Numva arira ubutitsa
Ngatinya kumuha ihobe
Kandi ari nge ubitera
Atambona ngo tuyage
Ngo ancyahe umutima utuze.

Uko iminsi incuma mba uwundi
Atigeze amenya habe
Ndareba mugize intabwa
Nge ndi intyi kanyamahanga
Duhuzwa na terefoni.


No comments:

Post a Comment